Posts

Showing posts from June, 2023

Imihango nimiziririzo

Image
09/09/2020 Imihango N’imigenzo N’Imizililizo Ku Bantu Bazima N’Inyamaswa Share Tweet Pin Mail SMS yerekeye ku Bantu Bazima n’abandi Bantu Bazima 1.  IMIHANGO Y’UMUNTU N’INKA Umuntu abona inka zitashye, naho haba ali ku manywa, akazicanira. Kirazira ko inka zitahira ku kizima, ngo abase baza bakazinyaga ntibiburanwe. Umuntu iyo agiye kurahura umuliro wo gucanira inka, ntiyarahura ikara limwe, afata amakara menshi; kurahura ikara limwe ngo ni ukuzitubya, ikara limwe n’ubusanzwe lyitwa umuliro mubi, kuko ali lyo lishyirwa mu mazi bakaraba bavuye guhamba. Umuntu iyo acyuye inka, n’iyo amaze kuzigeza mu rugo, ntiyasubira inyuma ngo azugalirire; n’umuntu umaze guhumuza inkantazugalirira ngo kuba ali ukuzisulira kunyagwa, kereka abonye nk’undi umubanziliza umwugaliro mu irembo. Umuntu iyo acyuye inka, aguma ku gicaniro, agahamagaza injishi n’inkoni n’imicyuro bahambiliye hamwe, akabikoraho, bakarekura inyana akinikiza adakarabye, ngo ntiyakaraba inkoni y’ nka. Inka zahumuza agakubita inko...

Ibintu 9 wakora mu gihe uri kubabara amenyo

Image
Yanditswe na: Issa. Abantu bigeze kugira ikibazo cy’amenyo bazi uburyo ababaza ndetse kuburyo burenze uko wabyiyumvisha, hariho nabavuga ko aryana kurusha uko igise kirya umugore ugiye kubyara cyangwa ubundi bubabare twakwita ndengakamere. Iyo umuntu afite bene ubu buribwe bamwe bamugira inama yo kujya kureba umuvuzi w’amenyo ngo arikuremo, nyamara hari n’igihe biba ufite ibindi uri gukora kujya kwa muganga bitari guhita bishoboka, hakaba n’igihe wagera kuri muganga nawe afite abarwayi benshi wenda atari buhite akugeraho ako kanya. Uyu munsi Agakiza.org twabateguriye uburyo 10 ushobora kwifashisha mugihe wumva ko amenyo atangiye kukubabaza 1.Amazi y’akazuyazi arimo umunyu Ubu buryo bwemejwe n’abaganga b’amenyo ko bufasha kandi bworoshye wabukoresha mu gihe utarabonana na muganga, uretse no kuba bugabanya uburibwe ni n’uburyo bwakorohera buri wese aho yaba ari hose. Fata ikirahuri cy’amazi yakazuyazi ushyiremo ibiyiko 2 by’umunyu uvange kugeza umunyu uyenze utegereze akanya gato, uy...